Yaranzwe n’umutima w’urukundo n’ubwitange buhebuje . Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo abanyamahanga bose basiganwaga bava mu Rwanda we yari muri Canada, yiyemeza kuza mu Rwanda anyura inzira zigoye agerageza gutabariza no kurokora ababikira yari akuriye hamwe n’abandi bantu bari bahungiye mu bigo by’uyu muryango. Ibi yabigezeho abasha kubahungishiriza i Goma ari naho barokokeye. Yagize uruhare mu gufasha ubutabera kuko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye umutangabuhamya mu rubanza rwa Kayishema wahoze ari prefet wa Kibuye.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yari mu nama mu gihugu cya Canada aho yari ayoboye inama nkuru y`umuryango ihuza ibihugu 10 byo ku isi aho uyu muryango ubarizwa .
Muri ibyo bihe bikomeye, buri munsi yavuganaga n`ababikira bo mu Rwanda kugirango yumve ko bakiriho, kuwa 12/04/1994 ntiyongeye kuvugana nabo kuko telefoni zitari zigikora.
Abonye ko atagishoboye kubona amakuru y`ababikira yahagaritse inama yihutira kugera mu Bubiligi ashakisha uko yabona uburyo yaza mu Rwanda kubatabara.
Abo yiyambazaga bose bamucaga integer bamubwira ko Atari igihe cyo kujya mu Rwanda, kuko ngo n`abanyamahanga barurimo bararuvamo; ariko ntiyacika integer akomeza gushakisha Visa zo mu Bihugu bituranye n`U Rwanda, aza kubona imwinjiza mu gihugu cy`U Burundi, arakomeza agera i Kiruhura muri Butare hari inzu y`ababikira bo mu muryango yayoboraga asanga bakiriho, yarakomeje ajya ku Kibuye yitwaye mu modoka kureba ababikira baho, yahageze taliki ya 23/5/1994 Iminsi ikurikiyeho yagerageje guhura n`abayobozi ba Leta barimo Kayishema Clement wari Perefe wa Kibuye ndetse n`abari bamwungirije ngo abasabe kurengera abari mu kaga ariko ntibamwumva, kuko hari gahunda yuko nabo bagomba kwicwa.
Amaze kumenya ko abafaransa baje muri operation Turquoise bageze kuri Goma, yagiye kubasaba guhungisha ababikira n`abanyeshuri bahigwaga bari bakiriho aho ku Kibuye ku ishuri ry`ababikira , yagize amahirwe babageza I Goma taliki ya 28 Kamena 1994 barokora batyo . Bose hamwe bari 45.
Nyuma ya Jenoside Sr M Julianne yabaye umutangabuhamya mu rukiko mpanabyaha rwa Arusha, aho yagiye gushinja uwari Perefe wa Kibuye Kayishema Clement kuko mu gihe cya Jenoside yamutabaje ngo amufashe kurengera abicwaga akamutera utwatsi.